IMIRIMO YO KUBAKA IGICUMBI CY’INTWARI Z’IGIHUGU IRAKOMEJE

Mu rwego rwo kubungabunga amateka y’ubutwari, i Remera mu Karere ka Gasabo ahasanzwe Igicumbi cy’Intwari z’Igihugu hari kubakwa inzu ndangamateka izajya ifasha abayisura gusobanukirwa n’ubutwari bw’Abanyarwanda mu bihe bitandukanye.

 

Inteko y’Urwego, iyobowe na Hon. Prof. HABUMUREMYI Pierre Damien basura inyubako, Kigali, 21/11/2019

Ubwo Inteko y’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe yasuraga aho imirimo igeze kuri wa 21/11/2019, yeretswe imiterere y’inzu n’ibice biyigize. 

 

Itsinda rishinzwe gukirikirana imirimo, Kigali 20/11/2019

Ubwo itsinda rishinzwe gukurikirana imirimo ryasuraga iyi nyubako ku wa 20/11/2019, ryashimye aho imirimo igeze risaba ababishinzwe ko ibisigaye byihutishwa kandi bigakorwa neza.

 

Iyi niyo miterere y’inzu iri kubakwa ku Gicumbi cy’Intwari i Remera. 

 

Share Button